love

kuko ibi ngo “Ntugasambane, ntukice, ntukibe, ntukifuze” n'ayandi mategeko yose, bihurira muri iri jambo ngo “Ukunde mugenzi wawe nk'uko wikunda.”

Rom 13 : 9

Ufite urukundo ntagirira mugenzi we nabi, ni cyo gituma urukundo ari rwo rusohoza amategeko.

Rom 13 : 10

n'indakurwa ku izima, n'abava mu masezerano n'abadakunda ababo n'intababarira,

Rom 1 : 31

Urukundo rurihangana rukagira neza, urukundo ntirugira ishyari, urukundo ntirwirarira, ntirwihimbaza,

1 Kor 13 : 4

Nubwo navuga indimi z'abantu n'iz'abamarayika, ariko singire urukundo, mba mpindutse nk'umuringa uvuga cyangwa icyuma kirenga.

1 Kor 13 : 1

Ariko nk'uko byanditswe ngo“Ibyo ijisho ritigeze kureba,N'ibyo ugutwi kutigeze kumva,Ibitigeze kwinjira mu mutima w'umuntu,Ibyo byose Imana yabyiteguriye abayikunda.”

1 Kor 2 : 9

Ariko none hagumyeho kwizera n'ibyiringiro n'urukundo, ibyo uko ari bitatu, ariko ikiruta ibindi ni urukundo.

1 Kor 13 : 13

Urukundo ntabwo ruzashira. Guhanura kuzarangizwa no kuvuga izindi ndimi kuzagira iherezo, ubwenge na bwo buzakurwaho

1 Kor 13 : 8

Mushimikire urukundo kandi mwifuze impano z'Umwuka, ariko cyane cyane mwifuze guhanura.

1 Kor 14 : 1

Ibyerekeye ku byaterekerejwe ibishushanyo bisengwa turabizi, (kuko twese twahawe ubwenge. Ubwenge butera kwihimbaza ariko urukundo rurakomeza.

1 Kor 8 : 1