love
Ariko se ufite ibintu byo mu isi, akareba ko mwene Se akennye akamukingira imbabazi ze, urukundo rw'Imana rwaguma muri we rute?
Umuntu navuga ati “Nkunda Imana” akanga mwene Se aba ari umunyabinyoma, kuko udakunda mwene Se yabonye atabasha gukunda Imana atabonye.
Twebwe tuzi yuko twavuye mu rupfu tukagera mu bugingo, kuko dukunda bene Data. Udakunda aguma mu rupfu.
Ubwo ni bwo butumwa mwumvise uhereye mbere na mbere, ngo dukundane
Uhereye kera kose ntihigeze kubaho umuntu wabonye Imana, nyamara nidukundana Imana iguma muri twe, urukundo rwayo rugatunganirizwa muri twe rwose.
Ukunda mwene Se aguma mu mucyo, nta kigusha kiri muri we,
Kandi dufite iri tegeko ryavuye kuri yo, ngo ukunda Imana akunde na mwene Se.
Itegeko ryayo ni iri: ni uko twizera izina ry'Umwana wayo Yesu Kristo, tugakundana nk'uko yadutegetse.
Ibyo ni byo bimaze gutunganya rwose urukundo muri twe, kugira ngo tuzatinyuke ku munsi w'amateka, kuko uko ari ari ko turi muri iyi si.

