failure
Gutinya abantu kugusha mu mutego,Ariko uwiringira Uwiteka azaba amahoro.
Uhisha ibicumuro bye ntazagubwa neza,Ariko ubyatura akabireka azababarirwa.
Ntutinye kuko ndi kumwe nawe, ntukihebe kuko ndi Imana yawe. Nzajya ngukomeza, ni koko nzajya ngutabara kandi nzajya nkuramiza ukuboko kw'iburyo, ari ko gukiranuka kwanjye.
Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w'ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga.
Imbabazi z'Uwiteka ni zo zituma tudashiraho,Kuko ibambe rye ritabura.
Nuko Umwami Dariyo ashyiraho ukuboko ku rwandiko rw'iryo tegeko.
Wa mwanzi wanjye we, we kunyishima hejuru ningwa nzabyuka, ninicara mu mwijima Uwiteka azambera umucyo.
“ ‘Nimusenga ntimukamere nk'indyarya, kuko bakunda gusenga bahagaze mu masinagogi no mu nzira ngo abantu babarebe. Ndababwira ukuri yuko bamaze kugororerwa ingororano zabo.
“Mwese abarushye n'abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura.
bamuha vino ivanze n'indurwe ngo anywe, asogongeye yanga kuyinywa.

