mother

“Mwese abarushye n'abaremerewe, nimuze munsange ndabaruhura.

Mt 11 : 28

Mwemere kuba abagaragu banjye munyigireho, kuko ndi umugwaneza kandi noroheje mu mutima, namwe muzabona uburuhukiro mu mitima yanyu,

Mt 11 : 29

Kuko Imana yavuze iti ‘Wubahe so na nyoko’, kandi iti ‘Ututse se cyangwa nyina bamwice.’

Mt 15 : 4

Mariya aravuga ati“Umutima wanjye uhimbaza Umwami Imana,

Lk 1 : 46

Kandi hahirwa uwizeye, kuko ibyo yabwiwe n'Umwami Imana bizasohora.”

Lk 1 : 45

Amanukana na bo ajya i Nazareti, agahora abumvira. Ibyo byose nyina abibika mu mutima we.

Lk 2 : 51

Nyina wa Yesu na nyina wabo, na Mariya muka Kilopa na Mariya Magadalena, bari bahagaze ku musaraba wa Yesu.

Yh 19 : 25

Umugore iyo aramukwa arababara kuko igihe cye gisohoye, ariko iyo umwana amaze kuvuka ntaba akibuka kuribwa, kuko anejejwe n'uko umuntu avutse mu isi.

Yh 16 : 21

Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w'ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.

Yh 3 : 16

Nta wufite urukundo ruruta urw'umuntu upfira incuti ze.

Yh 15 : 13