life

Yesu yongera kubabwira ati “Ni jye mucyo w'isi. Unkurikira ntazagenda mu mwijima na hato, ahubwo azaba afite umucyo w'ubugingo.”

Yh 8 : 12

uwizera uwo Mwana aba abonye ubugingo buhoraho, ariko utumvira uwo Mwana ntazabona ubugingo, ahubwo umujinya w'Imana uguma kuri we.

Yh 3 : 36

Murondora mu byanditswe, kuko mwibwira ko muri byo arimo mufite ubugingo buhoraho, kandi ari byo bimpamya.

Yh 5 : 39

Nta wufite urukundo ruruta urw'umuntu upfira incuti ze.

Yh 15 : 13

“Ni jye mwungeri mwiza. Umwungeri mwiza apfira intama ze,

Yh 10 : 11

Muri we harimo ubugingo, kandi ubwo bugingo bwari Umucyo w'abantu.

Yh 1 : 4

Yesu arababwira ati “Ni jye mutsima w'ubugingo, uza aho ndi ntazasonza na hato, n'unyizera ntabwo azagira inyota na hato.

Yh 6 : 35

Nziha ubugingo buhoraho, kandi ntizizarimbuka na hato iteka ryose, kandi nta wuzazivuvunura mu kuboko kwanjye.

Yh 10 : 28

Umwuka ni we utanga ubugingo, umubiri nta cyo umaze. Amagambo mbabwiye ni yo mwuka, kandi ni yo bugingo,

Yh 6 : 63

ariko unywa amazi nzamuha ntazagira inyota rwose iteka ryose, ahubwo amazi nzamuha azamuhindukiramo isoko y'amazi adudubiza kugeza mu bugingo buhoraho.”

Yh 4 : 14