failure
Niba ungenza uty ndakwingize nyica mveho, niba nkugiriyeho umugisha ne kubona ibyago byanjye.”
Muhereko mutakambire izina ry'imana yanyu, nanjye ndatakambira izina ry'Uwiteka. Maze Imana iri budusubirishe umuriro, iraba ari yo Mana.”Abantu bose baramusubiza bati “Ibyo uvuze ni byiza.”
Nitegereje ndahaguruka mbwira abantu b'imfura, n'abatware n'abandi bantu bose nti “Ntimubatinye. Mwibuke Uwiteka Umwami ukomeye uteye ubwoba, murwanire bene wanyu: abahungu n'abakobwa banyu n'abagore banyu, n'ingo zanyu.”
“Umuntu wabyawe n'umugore,Arama igihe gito kandi cyuzuyemo umuruho agakenyuka.
Uwiteka aramira abagwa bose,Yemesha abahetamye bose.
Iyo intambwe z'umuntu zikomejwe n'Uwiteka,Akishimira inzira ye,
Abakiranutsi baratatse Uwiteka arabumva,Abakiza amakuba n'ibyago byabo byose.
Umubiri wanjye n'umutima wanjye birashira,Ariko Imana ni yo gitare umutima wanjye uhungiraho,Kandi ni yo mugabane wanjye iteka ryose.
Kuko umukiranutsi naho yagwa karindwi yakongera akabyuka,Ariko abanyabyaha bazagushwa n'amakuba.
Wiringire Uwiteka n'umutima wawe wose,We kwishingikiriza ku buhanga bwawe.

