father

Nubwo navuga indimi z'abantu n'iz'abamarayika, ariko singire urukundo, mba mpindutse nk'umuringa uvuga cyangwa icyuma kirenga.

1 Kor 13 : 1

Mube maso! Mukomerere mu byo mwizeye, mube abagabo nyabagabo mwikomeze.

1 Kor 16 : 13

Mube maso! Mukomerere mu byo mwizeye, mube abagabo nyabagabo mwikomeze.

1 Kor 16 : 13

kuko umugabo utizera yezwa ku bw'umugore we, kandi umugore utizera yezwa ku bwa mwene Data uwo. Iyo bitameze bityo abana banyu baba bahumanye, ariko none dore ni abera.

1 Kor 7 : 14

rubabarira byose, rwizera byose, rwiringira byose, rwihanganira byose.

1 Kor 13 : 7

Kandi nzababera So,Namwe muzambere abahungu n'abakobwa,Ni ko Uwiteka Ushoborabyose avuga.”

2 Kor 6 : 18

Namwe ba se ntimugasharirire abana banyu, ahubwo mubarere mubahana, mubigisha iby'Umwami wacu.

Ef 6 : 4

Bana, mujye mwumvira ababyeyi banyu mu Mwami wacu, kuko ari byo bibakwiriye.

Ef 6 : 1

Mwambare intwaro zose z'Imana, kugira ngo mubashe guhagarara mudatsinzwe n'uburiganya bwa Satani.

Ef 6 : 11

Bagabo, mukunde abagore banyu nk'uko Kristo yakunze Itorero akaryitangira

Ef 5 : 25